×

Kuri uyu wa gatanu tariki 09 Gicurasi 2025, Umuramyi Samuel Mushimiyimana, ubarizwa mu itorero rya Adepr Mbugangali riherereye mu karere ka Rubavu, yunze imbaraga n’umuramyikazi Mama Music bashyira hanze amashusho y’ indirimbo nshya bise “NI WE”

Umuramyikazi Mama Music

Mu kiganiro Samuel Mushimiyimana yagiranye n’Umunyamakuru wa Kigali Connect, yahishuye byinshi kuri bumwe mu butumwa bukubiye mu ndirimbo “NI WE”. Yagize ati”twashakaga kwibutsa abantu bizera Yesu Kristo nk’Umwami n’umukiza ko, ari we wenyine utuma ibintu byose byoroha. Intambara waba ufite, ibigeragezo waba ufite, ingorane zose waba ufite, ni we ushobora gutuma ibyoroha kubera ko ubutware bwose n’ubushobozi biri mu biganza bye.

Uyu muhanzi ukorera umuziki we mu mujyi wa Rubavu ari naho atuye, yatangiye kuririmba akiri umwana muto muri Chorale y’abana icyo gihe yari afite imyaka 9.

Yatangarije Kigali Connect ko, yatangiye ubuhanzi bwe yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye muri ETO Gatumba, aho yabaye mu bahimbyi ba korali akaba yarahimbye  indirimbo zitandukanye, ariko icyo gihe impano ye yari itarakura cyane, kuko aribwo yari agitangira.

Avuga ko icyo gihe muri we yumvaga hari imbaraga zidasanzwe zimusunika kuririmba cyane ko ngo ubwo abandi banyeshuri bajyaga mu karuhuko, we yasigaraga ahimba.

Muri icyo gihe ni nabwo yahimbye indirimbo nyinshi akajya aziha amakorali, kuko yumvaga Imana imuhaye iyo mpano kugira ayifashishe abandi.

Nyuma y’imyaka mike yaririmbye mu makorali atandukanya haba ku itorero ry’iwabo ( ADEPR Kigeyo) no mu makorali y’abanyeshuri ku bigo yizeho amashuri yisumbuye nko ku kigo cya ETO Gatumba aho yaririmbye muri Korali Ijwi ry’impanda yo muri icyo kigo nyuma yaje gukura igahinduka Heaven’s Way Choir.

Kugeza ubu umuhanzi Samuel Mushimiyimana, amaze gushyira indirimbo nyinshi hanze harimo nka Ntewe ishema, Imana ubwayo, tuzakwambuka, Jehovanisi, Ntisaza, Izabikora na “NI WE” aherutse gusohora, nizindi nyinshi wasanga ku rubuga rwe rwa youtube rwitwa Samuel Mushimiyimana Official

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all