×

Umuramyi uhagaze neza mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana Bosco Nshuti, yashyize hanze amashusho y’ indirimbo nshya yise “Ndishimye” mbere yo kwerekeza i Burayi mu bitaramo bya ‘Europe Tour 2025’

Umuhanzi Bosco Nshuti,Asobanura inkomoko yiy’indirimbo, yahishuye ko ubutumwa bukubiye mu ndirimbo “Ndishimye” abukomora mu Abafilipi 4:4 aho hagira hati:’Mujye mwishimira mu mwami wacu iminsi yose. Yewe,nongeye kubivuga nti “Mwishime!”

Mu kiganiro uyu muramyi yagiranye na InyaRwanda, Bosco Nshuti yatangaje ko yakoze indirimbo ‘Ndishimye’ kubera ibyo Imana yakoze mu buzima bwe. Yavuze ati ‘Ndirimba ngo ndishimye ku bw’icyo Kristo Yesu yakoze mu buzima bwanjye, hanyuma akampa ubuzima bushya buvuye mu rupfu no kuzuka kwe.”

Bosco ashyize hanze iyi ndirimbo mu gihe ari mu bitaramo bya “Euro Tour 2025” aho mu bufaransa ari tariki 17 na 18 Gicurasi 2025, Tariki 24 na 25 azakomereza Norway Gicurasi 2025, naho Poland ni Tariki 22 Kamena 2025, asoreze muri Suede tariki 31 Gicurasi no kw’itariki ya 1 Kamena 2025.

Tubibutsa ko nyuma yibi bitaramo Bosco ari gukora, tariki 13 Nyakanga 2025, hano mu Rwanda hazabera igitaramo gikomeye (Unconditional Love-Season 2) cyateguwe na Bosco nshuti, Gitegerezanyijwe amatsiko n’ abakundi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Bosco Nshuti agiye kuzenguruka bimwe mu bihugu bw’ iburayi.
Bosco Nshuti, ni umwe mu baramyi bafite izina riremereye mu Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all