
Miss Uwase Raissa Vanessa wabaye Igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda mu 2015 yasezeranye imbere y’amategeko na Ngenzi Dylan biyemeje kurushinga,
Uyu ni umuhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura kuri uyu wa 12 Kamena 2025.
Miss Uwase Vanessa asezeranye na Ngenzi Dylan nyuma y’uko tariki 7 Kamena 2025 bakoze umuhango wo gusaba no gukwa, aho bakoranyije imiryango igaha umugisha urukundo rwabo.
Byitezwe ko ku wa 14 Kamena 2025, bazasezerana imbere y’Imana, banakire abatumiwe mu bukwe bwabo.
Miss Vanessa kandi wari umaze igihe akundana na Dylan Ngenzi, ku wa 27 Nzeri 2024 yambitswe impeta y’urukundo, uyu musore amusaba ko bakomezanya urugendo rw’ubuzima, undi amwemerera atazuyaje.
Muri Werurwe, Miss Vanessa yafatiwe irembo. Bamenyanye mu 2018, babanza no gukundana icyakora baza kubivamo.
Mu 2023 nibwo amakuru yakomeje kuvugwa ko bongeye gusubirana ndetse urukundo rugeze aharyoshye.





