×

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect, yatanze ibisobanuro birambuye ku mushinga mushya wa filime yabo, igaragaza ubuzima bwo ku kazi, uburyo ubuyobozi bwitwara, n’amakosa akunze gukorwa mu gutanga akazi.

Zoliva yagize ati: “Iyi filime irerekana uburyo bamwe mu bayobozi b’akazi bagatanga imirimo batitaye ku bumenyi, ahubwo bagendeye ku kimenyane no kuri ruswa. Harimo kandi ubutumwa ku mubano wo ku kazi n’uko abantu bahinduka igihe bamaze kubona inshingano.”

Itegurwa ryayo n’umwihariko wayo

Iyi filime yatunganyirijwe i Musanze Hanga Hub, ahari icyicaro cya Zoliva n’itsinda rye. Irangwa n’umwihariko utari usanzwe uboneka mu mafilime y’iwacu. Yongeyeho ati: “Irateguwe neza kuva mu nkuru kugera mu mashusho. Imikinire na yo irihariye, editing ni iy’ikirenga, ni filime ifite ireme riri hejuru.”

Abagize uruhare mu ikorwa ryayo

Zoliva amaze imyaka itatu akora sinema. Filime nshya bayikoranye n’itsinda rigizwe n’abantu 15, aho 6 muri bo ari bo bakinnyi nyamukuru. Bose bakomoka mu Karere ka Musanze, aho bakorera ibikorwa byabo bya buri munsi.

Ni ibice bikomeza

Uyu mushinga si umwe urangira utyo. Uko Zoliva yabitangaje, ni filime y’uruhererekane izakomeza igice ku kindi. Yasobanuye  ati: “Ni ibice bikomeza. Twifuza ko ubutumwa buyirimo butagera gusa ku muntu umwe, ahubwo buhura n’ubuzima bwa benshi mu buryo butandukanye.”

Impamvu itandukanye n’izindi filime

Nubwo ashima ko filime nziza ziriho, Zoliva avuga ko filime ye izasiga igikundiro gikomeye ku bayirebye. Yagize ati: “Naho byaba bibaho ko utabona filime nziza, dufite icyizere ko nureba iyi yacu, uzahita wumva ko hari imbaraga nyinshi zayigiyemo. Imyandikire yayo, imitegurire y’amashusho, no gukinwa kwayo si ibisanzwe.”

Reba integuza y’iyi filime:

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all