×

Urubuga rwa YouTube rwatangaje ko abari basanzwe batambutsa ’video’ zakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu majwi n’amashusho, ariko batabihaye umwihariko n’umwimerere, batazongera gusarura amafaranga yishyurwa abakora ibihangano bya video

Nk’uko bisobanurwa mu mabwiriza mashya, YouTube ivuga ko ’amashusho yatekerejwe na AI’ aba ari amashusho cyangwa amajwi byakozwe n’imashini gusa, nta ruhare cyangwa urwego rugaragara rw’umuntu mu kubitunganya mu rwego rwo kubiha umwimerere n’umwihariko ubitandukanya n’ibindi.

Ibi birimo amashusho y’abantu cyangwa ibihe byahimbwe n’imashini, ibiganiro byakozwe n’amajwi n’amashusho ya AI (deepfake), indirimbo cyangwa amashusho atakozwe n’umuhanzi nyir’izina, ahubwo yakozwe n’ibikoresho bya AI.

Izi mpinduka ziratangira kubahirizwa ku itariki ya 15 Nyakanga, 2025, aho ’video’ zose zo muri ubu buryo zizatangira gukomanyirizwa ku bijyanye no kwishyurwa. Ibi bije nyuma y’uko abantu bari basigaye bakoresha AI mu kwandika ndetse no gukora amajwi n’amashusho, nyamara nta mwimerere n’umwihariko bashyize kuri izo video.

Ibyo byatumaga basarura amafaranga nyamara nta kintu gikomeye bakoze, ibyo ubuyobozi bwa YouTube bubona nko gusaruro aho utabibye.

Uru rubuga rwari rumaze iminsi ku gitutu cy’abarukoresha bakunze kuvuga ko ’video’ zirushyirwaho ziba zidafite ubuziranenge bufatika, ibyo bikaba bishobora gutuma hari abashobora kuruvaho, bakajya gukurikira izindi mbuga zifite umwimerere w’ibihangano bifuza.

Urubuga rwa YouTube, rwahagurukiye abashaka gusahura aho batabibye.
Izi ngamba za YouTube zishobora kuba urugero ku zindi mbuga zikomeye zishobora gutangira gukurikirana ikoreshwa ry’amashusho ashyirwaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all