×

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Kizz Daniel, wamamaye cyane ku mugabane wa Afurika, yatangaje ko yanyuzwe n’urukundo yakiranywe i Kigali, bimusigira icyifuzo cyo kongera kuhakorera igitaramo.

Ibi Kizz Daniel yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yemeje ko yishimiye cyane uburyo yakiriwe n’abakunzi b’umuziki bo mu Rwanda. Yavuze ko byamukoze ku mutima ku buryo yiyemeje kongera kuhakorera igitaramo mu gihe kiri imbere.

Iki gitaramo Kizz Daniel ateganya kizaba kibaye icya kane akoze mu Rwanda. Icyo yahakoze bwa mbere mu 2016 ntiyabashije kubona abafana bihagije, ndetse n’icyo yakoze mu 2022 nacyo ntiyagenze uko yari abyiteze.

Kizz Daniel, amazina ye y’ukuri akaba ari Oluwatobiloba Daniel Anidugbe, akunze kwiyita Uncle K. Ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane muri Nigeria no muri Afurika muri rusange. Nubwo atari asanzwe ahirwa mu bitaramo i Kigali, iserukiramuco rya Giants of Africa ryamuhaye amahirwe yo kongera kugaragaza impano ye, maze ryongera kumugarurira ikuzo yari yarabuze mu bihe byashize.

Uyu muhanzi azwi cyane mu ndirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga zirimo “Buga” yakoranye na Tekno Miles ndetse na “Cough” yasohotse mu 2022 ikamamara cyane.

Kizz Daniel yeretswe urukundo rusendereye muri Giants of Africa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all