×

Impano Djivan, umuhanzi nyarwanda wavukiye i Gasabo mu Murenge wa Remera ariko agakurira mu Karere ka Rubavu, ni umwe mu bakunda umuziki kandi awukora mu njyana zitandukanye uretse Hip Hop.

Uyu muhanzi unazi gucuranga mu bitaramo bya muzika nyayo (Live Music) yatangiye urugendo rwe rwa muzika adafite ikipe imufasha, bikaba byaramugoye cyane kwitangira byose wenyine ndetse no gukora ibihangano bitarimo abamwamamariza (promotion).

Nyuma y’igihe, Impano Djivan yabonye ubufasha bwa ABA Music ibarizwamo Alicia na Germaine bamamaye mu ndirimbo nyinshi zakunzwe nk’Urufatiro n’izindi, ari bo bamukoreye amajwi (audio) ndetse banamubera managers muri iyi minsi, bakamufasha mu mikorere y’ibihangano, haba mu gukora indirimbo za audio n’amashusho ya video, ndetse no mu bikorwa bya promotion.

Kuri ubu, ari mu myiteguro yo gusohora indirimbo ye nshya yise “JOTEME”, ivuga ku nkuru y’urukundo rwe n’umukunzi we wigeze gushidikanya ku rukundo yamukundaga. Yavuze ko icyo gihe yajyaga amubwira ati: “Ndagukunda, ndagukunda… n’iyo ntabivuga, amaso yabikwereka” — amagambo yaje kumutera kuyihindura indirimbo nyuma yo kuyimuririmbira kenshi, ikaza gukorerwa muri studio ya ABA Music.

Impano Djivan anashimira cyane uwo mukunzi wamufashije gukomeza urugendo rwa muzika, akanamujyana kwiga umuziki i Nyundo nyuma yo kumubwirira impano yo kuririmba no gucuranga.

Mu butumwa atanga ku bahanzi bagenzi be, yasabye abamaze kugera ku rwego rwo hejuru kujya bafasha abakizamuka kugira ngo umuziki w’u Rwanda utere imbere, naho abakizamuka abasaba kudacika intege kugeza bageze ku nzozi zabo.

Indirimbo nshya iri bugufi! Yize umuziki ku Nyundo, ari gufashwa na ABA Music

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all