×

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ateganyijwe guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, muri White House ku wa Mbere tariki ya 18.

Iyi nama izakurikirana ibiganiro by’amateka byabereye i Alaska ku wa 15 Kanama 2025 hagati ya Trump na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bigamije gushaka inzira yo guhagarika intambara ya Ukraine.

Zelensky ntiyatumiriwe muri iyo nama yabereye i Alaska, ariko guhura kwe na Trump ku wa Mbere biteganyijwe kuba intambwe ikomeye mu gutegura ibiganiro byagutse birimo impande zose.

Perezida Zelensky aherutse kugaragaza ko amahoro nyayo agomba kuba arambye, aho kuba agahenge gato kagarukira hagati y’intambara n’indi, ndetse ko mu masezerano y’amahoro hagomba kubamo guhagarika imirwano ku butaka, mu nyanja no mu kirere, ndetse n’ifungurwa ry’imfungwa z’intambara n’abasivili barimo n’abana.

Trump yavuze ko yizeye ko inama ye na Zelensky izaba intambwe ikomeye ishobora gutegura ibiganiro byagutse birimo na Perezida Putin, bityo bikaba byatanga icyizere cyo kurokora ubuzima bw’abantu benshi no kugera ku mahoro arambye muri Ukraine.

Ibiganiro by’amateka byabereye i Alaska ku wa 15 Kanama 2025 hagati ya Trump na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bigamije gushaka inzira yo guhagarika intambara ya Ukraine.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ateganyijwe guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, muri White House ku wa Mbere tariki ya 18 Kanama 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all