×

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose, wamamaye ku izina rya Gogo mu ndirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, yitabye Imana afite imyaka 36 y’amavuko.

Inkuru y’urupfu rwa Gogo waguye i Kampala muri Uganda yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa 4 Nzeri 2025.Urupfu rwa Gogo rwemejwe na Bikem wa Yesu, ushinzwe itangazamakuru n’iyamamazabikorwa bye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “R.I.P Gogo, mbega inkuru mbi! Mana nkomereza umutima.”

Bikem ni nawe wari waherekeje Gogo muri Uganda mu bitaramo yari yatumiwemo, harimo n’icyabereye mu rusengero rwa Pasiteri Wilson Bugembe. Ku wa 28 Kanama 2025 ni bwo Gogo Gloriose n’itsinda bari kumwe bahagurutse mu Rwanda berekeza muri Uganda, aho yari afite igiterane cyabaye ku wa 29-31 Kanama 2025, kibera i Mbarara.

Ku wa 31 Kanama 2025 Gogo n’itsinda bari kumwe bahise berekeza i Kampala aho bari bafite gahunda na sosiyete yagombaga kwamamariza. Nyuma yo kugera i Kampala, Gogo yatangiye kurwara araremba, ariko abantu bagira ngo biri bworohe cyane ko yari asanganywe uburwayi bw’umutima.

Ubu burwayi bwarushijeho gukomera birangira ajyanwe mu bitaro bya Kyegera Doctors Center, ariko akigerayo ahita yitaba Imana. Uyu muhanzikazi yakunzwe kubera indirimbo ze zirimo ubutumwa bukora ku mitima ya benshi, n’uburyo yari akunze kuvugamo amagambo afite inyigisho.

Indirimbo ye “Every day, I Need Blood of Jesus” yakunzwe cyane, imufasha kumenyekana n’ikiraro cyo kumvwa kw’izindi ndirimbo ze zirimo “Uwo Mwana”. Gogo yavutse mu 1989 i Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, akaba yari umukristo mu itorero rya Angilikani. Ababyeyi be bombi bitabye Imana akiri muto.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all