×

Umushinjacyaha mukuru mu ishami ryashyiriweho gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT) yavuze ko niba bagomba gutanga ubutabera kuri Felicien Kabuga akarekurwa, nta yandi mahitamo agomba gusubizwa mu gihugu cye, u Rwanda.

Mu ibaruwa byandikiye urukiko ku wa 9 Nzeri, Ibiro by’umushinjacyaha bivuga ko kuva mu myaka ibiri ishize, Kabuga (ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko bikaba bivugwa ko adafite ubushobozi bwo kuburana), ngo yagombaga kuba yararekuwe ariko ibihugu by’i Burayi byose yifuje ko byamwakira, nta na kimwe cyabyemeye.

Muri ibyo bihugu, harimo n’u Buholandi aho afungiye, naho bakaba baravuze ko butamukeneye ku butaka bwabo.

Kugeza ubu, u Rwanda ni cyo gihugu rukumbi cyemeye kwakira Kabuga, umunyemari uvugwaho kuba yaragize uruhare mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside.

Ubushinjacyaha bwibukije icyo urugereko rw’ubujurire bwa IRMCT bwari bwabwiye urukiko mu myaka ibiri ishize, aho rwagize ruti “kuba bigoye kubona igihugu cyemera kwakira Felicien Kabuga, iyo si impamvu ivuga ko agomba kuguma afunzwe.”

Ubushinjacyaha rero na bwo bwongeyeho buti “nyuma y’imyaka ibiri, Kabuga aracyari mu gihirahiro, kandi akavuga ko arimo guhohoterwa kuko afunze binyuranyije n’amategeko.”

Ku bijyanye n’ubuzima n’ubuvuzi bwe, n’ubwo ngo hari impungenge ko urugendo rwa Kabuga mu nzira rwamuteza ibibazo by’ubuzima, Ubushinjacyaha bwa IRMCT bwibukije ko hari hashyizweho uburyo Kabuga yatwarwa neza, n’ibikoresho bifasha mu buvuzi bwe.

U Rwanda narwo kandi ngo rwiyemeje ko ageze I Kigali, Kabuga yakomeza guhabwa uburenganzira butuma yivuza uko abikeneye.

Ubu busabwe bwasinyweho n’abashinjacyaha babiri bo mu rwego rwo hejuru ba IRMCT, Senior Trial Attorneys, ari bo Rashid S. Rashid na Rupert Elderkin.

Ubushinjacyaha bw’urukiko mpuzamahanga bwasabiye Kabuga kugarurwa mu Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all