Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga.
Nibakure Florence Umuyobozi w’agateganyo w’ikigega cyihariye cy’ingoboka ku bwishingizi bw’uburyozwe bw’impanuka z’ibinyabiziga bifite moteri bigenda ku butaka n’izikomoka ku nyamaswa yavuze ko ibi biteza Leta igihombo.
Iyi nkuru yayibwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore kuri uyu wa 29 Mutarama.
Yagize ati“Izi modoka ziri mu binyabiziga ndakumirwa kandi iyo urebye uburyo zihuta ntizagombye kutagira ubwishingizi. Turagira ngo mudukorere ubuvugizi harebwe uko bajya babufata igihe bahuye n’impanuka bibafashe.”Nibakure yatanze urugero rw’Imbangukiragutabara ku bitaro bya Kibogora, Mibirizi, Ikigo nderabuzima cya Huye na Ngoma.
Ibi ngo byagiye bituruka ku burangare bw’abakozi b’ibitaro cyangwa ibigo nderabuzima batihutira kugura ubwinshingizi igihe ubundi bwarangiye.Aha rero, iyo ikirego gitanzwe,ibitaro cyangwa ibigo nderabuzima bitishyuriye imbangukiragutabara ni byo bihanwa.
Nibakure yasobanuye ko bandikiye Minisiteri y’Ubuzima bayigezaho iki kibazo kugira ngo gishakirwe igisubizo kuko izi mbangukiragutabara ziri mu modoka ndakumirwa, zishobora no guhura n’ibyago byo gukora impanuka kubera umuvuduko ziba zigenderaho.
Abadepite bagize iyi Komisiyo bemeye ko iki kibazo nabo bazagikorera ubuvugizi kugira ngo gikemuke kuko giteye impungenge.