×

Evangelist Iradukunda Juvenal Amani, uzwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana nka Ev. Amani, yadusangije urugendo rudasanzwe aherutse kugirira mu gihugu cya Kenya, aho yamaze ukwezi akora umuziki n’ivugabutumwa.

Uyu muhanzi uvuka mu Karere ka Rubavu aho asengera muri Shekinah Missions, akaba umuvugabutumwa w’inararibonye n’umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya Imana, avuga ko yinjijwe mu muziki n’ubuhamya bwihariye: “Ni Imana yampamagaye kugira ngo nyikorere.”

Mu kiganiro kirekire yagiranye na Kigali Connect, Ev. Amani yatangaje ko mu byo yahakoreye bikomeye, ari ukuhakorera indirimbo ebyiri zisoza mu mushinga we wa album agiye gushyira hanze bitarenze umwaka wa 2025. Yagize ati: “Nakoreyeyo indirimbo ebyiri. Ni umugisha ukomeye kuko Imana yamfashije ngakorerayo indirimbo. Ubu nageze mu Rwanda amahoro, kandi hari ikintu gikoretse. Imana ihabwe icyubahiro.”

“Uwezo Wake”, imwe mu ndirimbo yakoreye muri Kenya

Mu ndirimbo ebyiri yakoreye muri Kenya harimo iyitwa “Uwezo Wake”, ayisobanura nk’irimo ubutumwa buhamye bwo guhimbaza ubushobozi bw’Imana. Ati: “Iyo mvuga Uwezo Wake, ni nko kuvuga ngo arashoboye, Uwiteka arashoboye.”

Hari n’indi ndirimbo yasize muri studio, ikaba izajya kuri album ye ari gutegura. Amashusho yazo ni yo aje gukorera mu Rwanda, kuko ashyira imbere ibyo gukora indirimbo zuzuye, haba mu majwi n’amashusho.

Album y’indirimbo 12 igiye gusohoka

Ev. Amani ari gutegura album y’indirimbo 12, aho buri ndirimbo izajya isohoka ifite amajwi n’amashusho. Indirimbo ebyiri yakoreye muri Kenya ni zo zizuzuza izindi 10 zamaze gukorwa.

“Zose zizasohoka ari amavidewo kuko nge nsohora audio na videwo byose.”

Indirimbo yakoze mbere

N’ubwo yagiriye urugendo mu gihugu cy’amahanga, Ev. Amani avuga ko atigeze yibagirwa gukora indirimbo z’Ikinyarwanda, kuko yigeze gukora indirimbo nyinshi zirimo:

  • Nta Ho Itakura Umuntu
  • Mu Biganza Byawe
  • Uranzi Yesu
  • Isezerano, n’izindi.

Mu ndirimbo ye nshya “Uwezo Wake”, ubutumwa ni ubu: “Mu bibi no mu byiza ukomeze ushime Imana, kandi uge urushaho gusenga buri munsi kuko igihe cyose tuba turi mu maboko y’Uwiteka.”

Ev. Amani ashimangira ko ubuzima bwe ari ivugabutumwa ritagira mipaka. Aho yajyanwa n’Imana hose, ajyana ubutumwa, abifashijwemo n’impano yo kubwiriza n’iyo kuririmba.

Uyu musore utirengagije no gushimira umuryango we, inshuti, n’abandi bose bamusenger, ndetse ko aho ageze ari ukubera amasengesho, avuga ko igihe kigeze album igasohoka, ko iri hafi, kandi asaba abantu gukomeza kumushyigikira no gukurikira ibikorwa bye ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hose indirimbo ze zizajya zishyirwa.

Aha yari agiye guhaguruka ku Kibuga cy’Indege cya Kenya
Akigera ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, yakiriwe n’abarimo Jabastar banakoranye indirimbo

REBA INDIRIMBO “URWANDA RURABEREWE” YAKORANYE NA JABASTAR KURI YOUTUBE:

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all