×

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Philemon Byiringiro, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Ndagukunda” ishingiye ku butumwa bwo mu gitabo cya Yeremiya 31:3

Ku wa Kane, tariki ya 14 Kanama 2025, umuhanzi wa muzika yo kuramya no guhimbaza Imana, Philemon Byiringiro, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Ndagukunda”, ikubiyemo ubutumwa bushingiye ku ijambo ry’Imana riboneka muri Yeremiya 31:3 rivuga ngo: “Nagukunze urukundo ruhoraho, ni yo mpamvu nagukururanye imbabazi.”

Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bwa kinyamwuga, aho amajwi yafatiwe muri UMP Studio na René Doxa, mu gihe arrangement yakozwe na René. Amashusho yafashwe kandi atunganywa na Zaburi Nshya Media iyobowe na Jabo. Abafashije mu majwi y’inyongera (BGVs) barimo Vanessa, Cynthia, Sauni na Iranzi Sam.

Mu magambo arambuye, indirimbo “Ndagukunda” igaragaza urukundo rwa Yesu rudahinduka, kwizerwa kwe mu kurinda abantu be, no kubizeza ko atazigera abatererana. Amagambo ayigize arimo amasezerano y’Imana yo kurinda abayizera nk’“imboni y’ijisho” no kubahishurira ko ari abayo, nta kintu na kimwe kizabatandukanya n’urukundo rwayo.

Philemon Byiringiro asanzwe ari umuramyi ubarizwa mu itorero rya ADEPR SGEMGikondo, akaba yaratangiye umuziki akorera Imana mu makorali atandukanye, mbere yo kwinjira mu rugendo rw’indirimbo ku giti cye mu 2024 ubwo yasohoraga iyitwa “Unyigishe”. Kugeza ubu amaze kugira indirimbo zitandukanye zirimo Unyigishe, Ntumaho Ijambo, Bugufi Bwawe, ndetse na Ndagukunda.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu muramyi yasabye abakunzi b’umuziki wa gospel gushyigikira iyi ndirimbo binyuze mu kuyisangiza abandi, kuyikunda (Like), gutanga ibitekerezo (Comment) no kwiyandikisha kuri Channel ye ya YouTube bakora subscribe kugira ngo ubutumwa bwiza buyiciyemo bugere kuri benshi.

Indirimbo “Ndagukunda” iri ku rubuga rwa YouTube rw’uyu muhanzi: Philemon Byiringiro – Ndagukunda. Yirebe nonaha:

Philemon Byiringiro asanzwe ari umuramyi ubarizwa mu itorero rya ADEPR GSM Gikondo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all