×

Umuramyi Divine Muntu, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Hozana”, yaturutse ku mashimwe akomeye Imana yamushyize ku mutima mu bihe bitandukanye.

Izina rya Divine Muntu ryatangiye kumenyekana cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu mwaka wa 2023, ubwo yari mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye. Nyuma yaho yahise asinya amasezerano muri Label Trinity For Support (TFS), yashinzwe na Uwifashije Frodouard, uzwi cyane ku izina rya Obededomu.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect , Divine yavuze ko iyi ndirimbo ari impano yageneye abakunzi b’umuziki wa Gospel, kugira ngo ibibutse gushima Imana ku mashimwe akomeye buri wese yahawe. Yongeyeho ko aya mashimwe ye yayahuje n’ay’abandi, bigatanga ubutumwa bukomeye bukubiye mu ndirimbo Hozana.

Mu mashusho yayo, Divine Muntu agaragara nk’umucuruzi w’agataro wirukankanwa n’umukozi ushinzwe umutekano, uyu mukino ukaba warakinwe n’ umunyamakuru Habiyakare Jean d’Amour. Nyuma y’aho, Divine agaragazwa yarabaye umucuruzi ukomeye, maze uwo mucunga mutekano akamugana nk’umuguzi, akamwakira mu bwitange no mu bugwaneza, anamugarurira amafaranga yari yazanye.

Divine Muntu yagize ati: “Nashakaga kwibutsa abantu ko akenshi umugambi w’Imana unyura mu bibazo no mu mahwa. Igihe Dawidi yari mu ishyamba, nta muntu n’umwe wari uzi ko azaba umwami. Ariko nyuma abantu batangajwe no kubona ategeka Abisirayeli imyaka 40.”

Yakomeje avuga ko iyi ndirimbo igamije no kwibutsa abantu kubabarira ababahemukiye, nk’uko Dawidi yagiriye neza umuryango wa Sauli nyuma yo kwima ingoma, akagaragara nk’umunyembabazi.

Abajijwe niba iyi ndirimbo yaba ifitanye isano n’ubuzima bwe bwite, Divine Muntu yasubije ko harimo ukuri k’ubuzima yanyuzemo, akongeraho inkuru z’abandi yahuje n’ize. Ati: “Iteka mpora nzirikana ineza ya Kristo ku buzima bwanjye bwose.”

Mu gitero cya kabiri cy’indirimbo, uyu muhanzikazi yibutse ibihe bikomeye yanyuzemo, aho yumvaga nta muntu n’umwe umuri hafi, ariko Kristo ntiyamutererana. Yavuze ko mu buzima bwe yakunze guhura n’uburwayi butandukanye akiheba, ariko ijwi rya Kristo rikamwongera imbaraga.

Hozana ni indirimbo ya gatanu Divine Muntu ashyize hanze, ikurikiye izindi zamenyekanye zirimo Mbeshejweho, Urugendo, Irembo na Lahayiroyi. Yanditswe na Chris Ord afatanyije na Divine Muntu, mu gihe amajwi ndetse na mixing byakozwe na Chris Ord. Amashusho yakozwe na Director Mugisha Patient (Patient For Sure) wo mu itsinda rya TFS.

Divine Muntu akomeje kugaragazwa nk’umwe mu bahanzi bakiri bato ariko bafite ejo heza mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, aho buri ndirimbo ye iherekejwe n’ubutumwa bukomeye bwo gukomeza kwizera no kwishimira Kristo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all